Ihuriro rya AFC/M23 rirashinja ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa bazo kugaba ibitero bikomeye byibasira abasivile n’amatungo yabo, hakoreshejwe drones n’imbunda ziremereye, mu bice bya teritwari za Masisi na Kalehe.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, tariki ya 3 Gicurasi 2026, AFC/M23 yavuze ko ibi bitero byibasiye cyane abaturage batuye mu duce twa Rushoga muri Masisi ndetse no mu bice bituwe cyane byo muri Kalehe.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko igitero gikomeye cyagabwe i Rushoga ahagana saa saba n’igice z’ijoro, aho yavuze ko ingabo za FARDC zifatanyije n’abo bakorana bateye abaturage, bikaviramo urupfu rw’inka zigera kuri 56, mu gihe izindi zakomeretse bikabije.
Yagize ati: “Ibi bigaragaza umugambi wo gukoresha iterabwoba hagamijwe gusenya burundu imibereho n’ubukungu by’abaturage bo muri utu duce.”
AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byakoreshejwemo drones zo mu bwoko bwa CH-4, aho yagaragaje ko mu masaha atandukanye ku Cyumweru, ibice birimo Lumbishi na Rutare byo muri Kalehe byagabweho ibitero by’indege zitagira abapilote.
Nk’uko Kanyuka yakomeje abivuga, ibitero byangije imitungo y’abaturage, bitera ubwoba bwinshi ndetse bigatuma bamwe bahunga ingo zabo.
Iri huriro rivuga ko, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abasivile, rishobora gufata ingamba zo kwirwanaho, mu gihe rikomeje gusaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora kuri ibi bikorwa rivuga ko ari iby’ubugizi bwa nabi.
Si ubwa mbere AFC/M23 ishinja FARDC gukoresha drones mu bitero byibasira abaturage, kuko no mu ntangiriro z’ukwezi gushize, hatangajwe ibitero by’indege byahitanye inka nyinshi mu duce twa Minembwe, by’umwihariko mu gace ka Ilundu.
AFC/M23 isoza isaba umuryango mpuzamahanga kudakomeza kwirengagiza ibyo ivuga ko ari ihohoterwa rikorerwa abaturage, ahubwo ugafata ingamba zo kubarinda no kugarura amahoro mu burasirazuba bwa RD Congo.







