UCL: Amakipe akomeye mu rugamba rwo gupfa no gukira ku itike ya ½

Imikino yo kwishyura ya UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu, aho amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi agiye guhatanira itike ya ½.  Hari amakipe afite akazi gakomeye ko kwishyura ibitego yatsinzwe mu mikino ibanza, mu gihe andi afite amahirwe yo gukomeza.

Mu mukino utegerejwe cyane, Atlético Madrid irakira FC Barcelona. Abakinnyi ba Atlètico Madrid bafite impamba y’ibitego 2-0 batsindiye i Camp Nou. Ikipe ya Barcelona iyobowe na Hansi Flick irasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo yishyure ibitego bya Julian Alvarez na Alexander Sørloth batsinzwe mu mukino ubaza.  Amateka si meza kuri Barcelona kuko iheruka gutsindirwa kuri iki kibuga ibitego 4-0 muri Copa del Rey, ibintu bituma benshi bibaza niba iza gusezerera Atlético ya Diego Simeone. uyu mukino karundura uteganyijwe kuba uyu munsi 21:00 zuzuye ku isaha y’I Kigali

Ku rundi ruhande, Liverpool iresurana na Paris Saint-Germain ku kibuga cya Anfield. PSG ifite impamba y’ibitego 2-0 byatsinzwe na Désiré Doué na Khvicha Kvaratskhelia mu mukino wa ¼ ubanza. Liverpool iyobowe na Arne Slot irasabwa gukora ibitangaza, cyane ko mu mukino ubanza itigeze igera ku izamu ry’abo bahanganye. Abafana bayo baraza kuba bayitezeho igikorwa gikomeye cyo kugaruka mu mukino n’abo umukino uraba 21:00.

Ejo kuwa gatatu 21:00 Bayern Munich nayo izakira Real Madrid ifite amahirwe nyuma yo gutsinda umukino ubanza ibitego 2-1. Ibitego bya Harry Kane na Luis Díaz byafashije Bayern kubona intsinzi i Madrid, mu gihe Kylian Mbappé ari we watsindiye Real Madrid. Nubwo byifashe bityo, Real Madrid ifite abakinnyi bakomeye barimo Vinicius Jr na Jude Bellingham bashobora guhindura ibintu mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Allianz Arena.

Mu wundi mukino, Arsenal izakira Sporting CP ifite icyizere cyo gukomeza, nyuma yo gutsinda umukino ubanza igitego 1-0 cyatsinzwe na Kai Havertz ku munota wa nyuma. Nubwo iherutse gutsindwa na Bournemouth muri Premier League, Arsenal izaba ifite inyungu yo gukinira imbere y’abafana bayo ku kibuga Emirates Stadium ejo 21:00.

Muri rusange, iyi mikino iraza kubamo ihangana rikomeye, aho buri kipe izaba ishaka gutsinda ngo ibone itike ya 1/2 cya UEFA Champions League.

Uko imikino iteganijwe uyu munsi

Uko imikino iteganijwe ku munsi w’ejo

Related Posts

President Kagame highlights Rwanda’s sports investment impact at BAL Investors Summit

Rwanda’s President Paul Kagame has underscored the growing impact of sports investments and international partnerships on the country’s economy, tourism, and youth development, speaking during the BAL Investors Summit. Addressing…

Read More
Pep Guardiola will leave Manchester City at the end of this season after 10 years

Legendary football coach Pep Guardiola, aged 55, has announced that he will leave Manchester City at the end of the current season, bringing to a close an extraordinary 10-year spell…

Read More

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Missed

Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow

A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow