Kuri uyu wa Kane, tariki ya 16 Mata 2026, FERWAFA yatangaje ko umutoza Francis Christian Haringingo yemewe nk’umutoza mushya wa Rayon Sports, nyuma yo gutandukana na Kiyovu Sports.
Ibi byemejwe nyuma y’inama yahuje ubuyobozi bwa FERWAFA, Perezida wa Kiyovu Sports David Nkurunziza, ndetse na Perezida wa Rayon Sports Abdallah Murenzi.
Iyo nama yasuzumye ubusabe bwa Haringingo bwo gusesa amasezerano yari afitanye na Kiyovu Sports kugira ngo yerekeze muri Rayon Sports. Nyuma y’ibiganiro byahuje impande zose, hafashwe umwanzuro wo kubyemera, hashingiwe ku bwumvikane bw’impande bireba.
Mu myanzuro yafashwe, hemejwe ko Haringingo yemerewe gutangira akazi ko gutoza Rayon Sports mu buryo bwemewe n’amategeko, ndetse impande zose zisabwa kubahiriza ibyo zumvikanyeho mu nyungu z’iterambere rya ruhago nyarwanda.
Iyi mpinduka ije mu gihe Rayon Sports iri gushaka kongera imbaraga mu rwego rw’ubutoza, mu rwego rwo kwitwara neza mu marushanwa ari imbere.
Inama yahuje Perezida wa FERWAFA, Perezida wa Kiyovu sport, Perezida wa RayonSport ndetse na Haringingo Francis










