UCL: Amakipe akomeye mu rugamba rwo gupfa no gukira ku itike ya ½

Imikino yo kwishyura ya UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu, aho amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi agiye guhatanira itike ya ½.  Hari amakipe afite akazi gakomeye ko kwishyura ibitego yatsinzwe mu mikino ibanza, mu gihe andi afite amahirwe yo gukomeza.

Mu mukino utegerejwe cyane, Atlético Madrid irakira FC Barcelona. Abakinnyi ba Atlètico Madrid bafite impamba y’ibitego 2-0 batsindiye i Camp Nou. Ikipe ya Barcelona iyobowe na Hansi Flick irasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo yishyure ibitego bya Julian Alvarez na Alexander Sørloth batsinzwe mu mukino ubaza.  Amateka si meza kuri Barcelona kuko iheruka gutsindirwa kuri iki kibuga ibitego 4-0 muri Copa del Rey, ibintu bituma benshi bibaza niba iza gusezerera Atlético ya Diego Simeone. uyu mukino karundura uteganyijwe kuba uyu munsi 21:00 zuzuye ku isaha y’I Kigali

Ku rundi ruhande, Liverpool iresurana na Paris Saint-Germain ku kibuga cya Anfield. PSG ifite impamba y’ibitego 2-0 byatsinzwe na Désiré Doué na Khvicha Kvaratskhelia mu mukino wa ¼ ubanza. Liverpool iyobowe na Arne Slot irasabwa gukora ibitangaza, cyane ko mu mukino ubanza itigeze igera ku izamu ry’abo bahanganye. Abafana bayo baraza kuba bayitezeho igikorwa gikomeye cyo kugaruka mu mukino n’abo umukino uraba 21:00.

Ejo kuwa gatatu 21:00 Bayern Munich nayo izakira Real Madrid ifite amahirwe nyuma yo gutsinda umukino ubanza ibitego 2-1. Ibitego bya Harry Kane na Luis Díaz byafashije Bayern kubona intsinzi i Madrid, mu gihe Kylian Mbappé ari we watsindiye Real Madrid. Nubwo byifashe bityo, Real Madrid ifite abakinnyi bakomeye barimo Vinicius Jr na Jude Bellingham bashobora guhindura ibintu mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Allianz Arena.

Mu wundi mukino, Arsenal izakira Sporting CP ifite icyizere cyo gukomeza, nyuma yo gutsinda umukino ubanza igitego 1-0 cyatsinzwe na Kai Havertz ku munota wa nyuma. Nubwo iherutse gutsindwa na Bournemouth muri Premier League, Arsenal izaba ifite inyungu yo gukinira imbere y’abafana bayo ku kibuga Emirates Stadium ejo 21:00.

Muri rusange, iyi mikino iraza kubamo ihangana rikomeye, aho buri kipe izaba ishaka gutsinda ngo ibone itike ya 1/2 cya UEFA Champions League.

Uko imikino iteganijwe uyu munsi

Uko imikino iteganijwe ku munsi w’ejo

Related Posts

Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé

Rwandan giants Rayon Sports have left Kigali for Cameroon as they begin their campaign in the 2026/27 CAF Confederation Cup. The Blues departed Kigali on Monday morning ahead of their…

Read More
Bumbogo: Football, Faith and Testimonies used to keep youth away from drugs

The story of a former drug user and thief who now serves as an evangelist became one of the central messages in Bumbogo Sector, Gasabo District, where residents gathered for…

Read More

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Missed

Rwanda’s cost of living pressure deepens as inflation hits 15.9%

Rwanda’s cost of living pressure deepens as inflation hits 15.9%

What a month’s salary buys at the pump across the G20

What a month’s salary buys at the pump across the G20

Bread, The story behind the Loaf on our table

Bread, The story behind the Loaf on our table

Soybeans, A small bean with a big role in feeding the world

Soybeans, A small bean with a big role in feeding the world

Patrice Evra names Baby Gorilla “Umuganura” as Rwanda’s Kwita Izina celebrates 22 new Gorillas

Patrice Evra names Baby Gorilla “Umuganura” as Rwanda’s Kwita Izina celebrates 22 new Gorillas

Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé

Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé