Imikino yo kwishyura ya UEFA Champions League irakomeza kuri uyu wa Kabiri no ku wa Gatatu, aho amakipe akomeye ku mugabane w’u Burayi agiye guhatanira itike ya ½. Hari amakipe afite akazi gakomeye ko kwishyura ibitego yatsinzwe mu mikino ibanza, mu gihe andi afite amahirwe yo gukomeza.
Mu mukino utegerejwe cyane, Atlético Madrid irakira FC Barcelona. Abakinnyi ba Atlètico Madrid bafite impamba y’ibitego 2-0 batsindiye i Camp Nou. Ikipe ya Barcelona iyobowe na Hansi Flick irasabwa gukora ibishoboka byose kugira ngo yishyure ibitego bya Julian Alvarez na Alexander Sørloth batsinzwe mu mukino ubaza. Amateka si meza kuri Barcelona kuko iheruka gutsindirwa kuri iki kibuga ibitego 4-0 muri Copa del Rey, ibintu bituma benshi bibaza niba iza gusezerera Atlético ya Diego Simeone. uyu mukino karundura uteganyijwe kuba uyu munsi 21:00 zuzuye ku isaha y’I Kigali
Ku rundi ruhande, Liverpool iresurana na Paris Saint-Germain ku kibuga cya Anfield. PSG ifite impamba y’ibitego 2-0 byatsinzwe na Désiré Doué na Khvicha Kvaratskhelia mu mukino wa ¼ ubanza. Liverpool iyobowe na Arne Slot irasabwa gukora ibitangaza, cyane ko mu mukino ubanza itigeze igera ku izamu ry’abo bahanganye. Abafana bayo baraza kuba bayitezeho igikorwa gikomeye cyo kugaruka mu mukino n’abo umukino uraba 21:00.
Ejo kuwa gatatu 21:00 Bayern Munich nayo izakira Real Madrid ifite amahirwe nyuma yo gutsinda umukino ubanza ibitego 2-1. Ibitego bya Harry Kane na Luis Díaz byafashije Bayern kubona intsinzi i Madrid, mu gihe Kylian Mbappé ari we watsindiye Real Madrid. Nubwo byifashe bityo, Real Madrid ifite abakinnyi bakomeye barimo Vinicius Jr na Jude Bellingham bashobora guhindura ibintu mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Allianz Arena.
Mu wundi mukino, Arsenal izakira Sporting CP ifite icyizere cyo gukomeza, nyuma yo gutsinda umukino ubanza igitego 1-0 cyatsinzwe na Kai Havertz ku munota wa nyuma. Nubwo iherutse gutsindwa na Bournemouth muri Premier League, Arsenal izaba ifite inyungu yo gukinira imbere y’abafana bayo ku kibuga Emirates Stadium ejo 21:00.
Muri rusange, iyi mikino iraza kubamo ihangana rikomeye, aho buri kipe izaba ishaka gutsinda ngo ibone itike ya 1/2 cya UEFA Champions League.
Uko imikino iteganijwe uyu munsi
Uko imikino iteganijwe ku munsi w’ejo









