Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu bane bakekwaho gukoresha ububasha bahabwa mu nyungu zabo bwite, by’umwihariko mu gutanga ibyangombwa byo kubaka binyuranyije n’amategeko.
Abafashwe barimo Niyomungeri Richard wahoze ari Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, Kwisinga Jean Norbert ushinzwe imiturire mu Karere ka Rulindo, Ishimwe Frank ushinzwe imitangire y’ibyangombwa byo kubaka mu Karere ka Ngoma, na Ntirenganya Epimaque wakoraga nk’umuyobozi wa One Stop Center y’ubutaka mu Karere ka Gakenke.
Aba bantu bakurikiranyweho ibyaha byo gukoresha ububasha bahabwa mu nyungu zabo bwite ndetse no kutubahiriza igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka.
Aba bayobozi bagiye batanga ibyangombwa byo kubaka ku bantu batandukanye, ariko bakabikora batubahirije igishushanyo mbonera cyemejwe, kikaba ari kimwe mu bigena uko ubutaka bugomba gukoreshwa mu buryo burambye.
RIB yatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hategurwe dosiye zizashyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse inagaragaza ko hari gukorwa ubugenzuzi no ku bindi bikorwa nk’ibi bishobora kuba bikorerwa ahandi hose mu gihugu.
RIB iributsa kandi ikanaburira abatanga ibyangombwa byo kubaka ko bagomba kubahiriza amategeko n’amabwiriza agenga imyubakire, cyane cyane ajyanye n’igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka.
Yagaragaje ko gutanga ibyangombwa binyuranyije n’amategeko hagamijwe inyungu z’abantu ku giti cyabo ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi kigira ingaruka mbi ku iterambere rirambye ry’igihugu.







