Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abantu bane barimo Mukeshimana Marcel wahoze ari umuyobozi w’ishuri ry’imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, hamwe n’abahoze ari ababaruramari baryo babiri n’uwari ushinzwe gusinya cheque z’ishuri.
Aba bose bakurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo ufitiye rubanda akamaro, kuwukoresha icyo utagenewe ndetse no gukoresha ububasha bahabwa n’amategeko mu nyungu zabo bwite.
Iperereza ry’ibanze ryakozwe ryagaragaje ko amafaranga angana na 226,790,877 Frw ari yo akekwaho kunyerezwa muri iri shuri, amafaranga bivugwa ko yakoreshejwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko agenga imicungire y’umutungo wa Leta.
Kuri ubu, abakekwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Bwishyura mu gihe dosiye yabo iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
RIB yibukije abashinzwe gucunga umutungo wa Leta ko bagomba kubahiriza amategeko awugenga, igasobanura ko kunyuranya nayo bidindiza iterambere ry’igihugu kandi bikagira ingaruka ku mibereho y’abaturage. Yanaboneyeho kuburira ko ibyaha nk’ibi bihanwa n’amategeko, bityo buri wese akwiye kwirinda kubigwamo.







