Uwahoze ari umudipolomate mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Tibor Nagy, yavuze ko kimwe mu byo yicujije cyane ari ugushyigikira Félix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo mu 2018, mu gihe uburasirazuba bw’icyo gihugu bukomeje kurangwa n’intambara n’umutekano muke.
Mu butumwa yashyize ku rubuga X ku wa 7 Gicurasi 2026, Tibor Nagy yagize ati: “Kimwe mu byo nicujije cyane mu gihe nari Umuyobozi Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika ni uguharanira ko Amerika ishyigikira Tshisekedi nk’uwatsinze amatora yo muri Congo mu 2018. Nari nizeye ko azaba umuntu utandukanye koko kandi akazamura inyungu z’abaturage ba Congo. Naribeshye cyane.”
Aya magambo ya Tibor Nagy aje mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kunengwa kubera ikibazo cy’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa RDC, aho umutwe wa AFC/M23 ukomeje kugenzura ibice bimwe bya Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe FARDC n’imitwe bifatanyije bikomeje gutsindwa ku rugamba mu bice bitandukanye.
Mu 2019, Tibor Nagy yari mu banyapolitiki bakomeye ba Amerika bashyigikiye Tshisekedi nyuma y’amatora yari ataravuzweho rumwe. Icyo gihe yamwakiriye i Washington nk’umuyobozi mushya ushobora kuzana impinduka muri Congo ndetse anavuga ko Tshisekedi ari “Perezida wa mbere wa RDC ugiye ku butegetsi binyuze mu nzira ya demokarasi.”
Ariko imyaka irindwi nyuma yaho, uburasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo bukomeje kuba indiri y’intambara, abaturage miliyoni bakaba bamaze guhunga, ibikorwa remezo byinshi byarasenyutse, mu gihe Kinshasa ikomeje kunengwa gushyira imbere politiki y’ubutegetsi kurusha gushakira abaturage amahoro arambye.
Ibi bije kandi nyuma y’uko Tshisekedi ubwe yavuze ko ashobora kongera kwiyamamaza mu gihe abaturage babimusabye.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa ku wa Gatatu nimugoroba, Félix Tshisekedi yagize ati: “Niba abaturage ba Congo babinsabye, niteguye kubyemera.”
Yongeyeho ko impinduka zose zakorwa ku Itegeko Nshinga zagomba kunyura muri referandumu, ariko anaburira ko amatora ateganyijwe mu 2028 ashobora kutaba niba intambara yo mu Burasirazuba bwa Congo ikomeje.
Aya magambo yahise ateza impaka zikomeye mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse no muri diaspora y’Abanye-Congo, aho benshi bavuga ko igihugu gikwiye kubanza gukemura ikibazo cy’umutekano mbere yo gutangira ibiganiro bya manda ya gatatu.
Hari abasesenguzi babona ko amagambo ya Tibor Nagy ari ikimenyetso cy’uko bamwe mu bafatanyabikorwa mpuzamahanga bari barizeye Tshisekedi batangiye gucika intege, cyane cyane kubera uko ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC gikomeje kumera nabi.
Ni mu gihe kandi Amerika ikomeje kugaragara mu buryo butaziguye mu biganiro by’amahoro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo. Nubwo Qatar na Angola ari byo byagaragaye cyane muri mediation, Washington yakomeje gusaba impande zombi guhagarika imirwano no gushyigikira ibiganiro bya politiki.







