Iran yongeye gufunga Umuhora Wa Hormuz, nyuma y’umunsi umwe iwufunguye

Nyuma y’amasaha make Iran itangaje ko yongeye gufungura inzira y’ingenzi yo mu nyanja, igihugu cya Iran cyafashe icyemezo cyo gusubira inyuma, gifunga umuhora wa Hormuz. Ibi byatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 18 Mata 2026, binyuze mu itangazamakuru rya Leta rizwi nka IRIB.

Amakuru yatanzwe agaragaza ko Tehran yashingiye iki cyemezo ku kuba America itarubahirije ibyo yasabwaga, birimo by’umwihariko gukuraho ibihano bifunga inzira z’inyanja zijya ku byambu byayo biherereye mu kigobe cya Persian.

Igisirikare cya Iran cyasobanuye ko uwo muhora wasubijweho amabwiriza akomeye nk’ayari asanzweho mbere, aho amato yose ashaka kuwunyuramo asabwa kubanza kubona uruhushya rudasanzwe. Ibi byongeye kugabanya urujya n’uruza rw’ubwikorezi bwo mu nyanja muri aka gace gafite akamaro kanini ku bukungu bw’isi.

Umuhora wa Hormuz ufatwa nk’umuyoboro w’ingenzi mu gutwara ingufu ku isi, kuko unyuzwamo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku rwego mpuzamahanga. Gufungwa kwawo kenshi bigira ingaruka zihuse ku isoko ry’ingufu, cyane cyane kuzamura ibiciro bya peteroli.

Iki cyemezo kije gikurikira icyari cyabaye ku wa Gatanu, ubwo Iran yari yemeye kongera gufungura uwo muhora nyuma y’agahenge k’iminsi 10 kari kamaze kugerwaho hagati ya Israel na Lebanon, kagamije kugabanya umwuka mubi mu karere.

Perezida wa America, Donald Trump, yari yashimye icyemezo cyo kuwufungura, ariko agaragaza ko ibihano byafatiwe Iran bizagumaho kugeza igihe impande zombi zizagera ku masezerano arambye.

Nubwo uwo muhora wari wafunguwe by’igihe gito, hari hamaze kugaragara ibikorwa byo kongera kuwunyuramo, aho umubare w’amato watangiye kwiyongera. Ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters byari byavuze ko byari bibaye ubwa mbere ibikorwa nk’ibyo byongera kuba byinshi kuva intambara yatangira.

Gusa kongera gufungwa kw’uyu muhora byerekana ko umutekano mu karere ugikomeje guhungabana, ibintu bishobora kongera kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi, cyane cyane ku bihugu bishingira ku bicuruzwa n’ingufu bituruka muri aka gace.

 

  • Related Posts

    Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

    President Paul Kagame on Friday urged members of the FPR Inkotanyi to remain committed to the party’s founding values by focusing on responsibility, practical solutions and long-term development instead of…

    Read More
    President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

    Rwandan President Paul Kagame has expressed his deepest condolences to the leadership and people of Qatar following the death of the country’s former Emir, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani,…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    From farm to bottle: Youth-led Company adds value to Pineapples, creates jobs and markets for farmers in Rwanda

    From farm to bottle: Youth-led Company adds value to Pineapples, creates jobs and markets for farmers in Rwanda

    First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

    First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

    Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

    Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

    From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

    From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

    President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

    President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

    Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

    Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite