Julius Malema yakatiwe igifungo cy’Imyaka itanu ahita ahabwa uburenganzira bwo kujurira

Umunyapolitiki uzwiho kuvuga ntagutinya wo muri Afurika y’Epfo, Julius Malema, yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu nyuma yo guhamywa n’urukiko icyaha cyo gutunga imbunda mu buryo butemewe no kuyirashisha mu kirere mu nama ya politiki yabaye muri 2018.

‎‎Nubwo yahawe iki gihano, Malema yemerewe kujurira, bituma arekurwa by’agateganyo mu gihe hagitegerejwe iburanisha ku bujurire bwe.

‎‎Uyu muyobozi  abarizwa mu ishyaka rya Economic Freedom Fighters (EFF), rizwiho kugira umurongo wa politiki uharanira impinduka zikomeye. Abamwunganira mu mategeko bo bagaragaje ko amasasu yarashe yari agamije kwishima, bityo ko bitari ibigize icyaha.

‎Urubanza rwe rwari rwarezwe n’umuryango witwa AfriForum, rumaze igihe rukurikirwa cyane, by’umwihariko kubera amagambo Malema akunze gukoresha mu bikorwa bye bya politiki arimo indirimbo ya kera yo mu gihe cya apartheid igira iti “Kill the Boer.”

‎‎Uyu muryango wa AfriForum uvuga ko ayo magambo ari imvugo zibiba urwango zishobora guteza ihohoterwa rikorerwa abazungu, nubwo inkiko zatandukanye zagiye zibitera utwatsi zivuga ko bidahuye n’ukuri.

‎‎Iburanisha ry’uru rubanza ryanyuze kuri televiziyo riri kuba mu mujyi wa Gqeberha, aho abantu benshi bakurikiranye ibyabareye muri uru rubanza byose.

‎‎Mu gihe urukiko rwari rukomeje gusoma umwanzuro, imbaga y’abashyigikiye Malema yari iteraniye hanze y’urukiko, yambaye ingofero zitukura zisanzwe ziranga EFF, baririmba indirimbo z’ishyaka.

‎‎Nyuma yo kurekurwa by’agateganyo, Malema yagejeje ijambo ku bamushyigikiye, ashinja umucamanza Twanet Olivier ivangura rishingiye ku ruhu. Yavuze ko imyanzuro y’urukiko itari iye bwite, agira ati: “Hari ukuboko kutagaragara kuyobora uko urubanza rugenda.”

‎‎Ishyaka rya EFF ryagize amajwi atageze ku 10% mu matora rusange ya 2024, rikaba rifite imyanya 39 mu Nteko Ishinga Amategeko. Rivuga ko uru rubanza ari umugambi wo gucecekesha umuyobozi waryo uzwiho kuvuga ashize amanga.

‎‎Bamwe mu bayoboke baryo bamaze gutangaza ko bashobora gukora imyigaragambyo mu gihe Malema yaba afunzwe burundu.

‎‎Icyakora, urukiko rwashimangiye ko urubanza rutarebaga ishyaka, ahubwo rwarebaga n’umuntu ku giti cye, rugira ruti: “Si ishyaka rya politiki ryahamijwe icyaha hano… ni umuntu ku giti cye.”

‎Amategeko ya Afurika y’Epfo akaba ateganya ko umuntu wakatiwe igifungo kirenze umwaka umwe, kandi imyanzuro yose y’ubujurire yarangiye, adashobora gukomeza kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko.

Related Posts

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

President Paul Kagame on Friday urged members of the FPR Inkotanyi to remain committed to the party’s founding values by focusing on responsibility, practical solutions and long-term development instead of…

Read More
President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

Rwandan President Paul Kagame has expressed his deepest condolences to the leadership and people of Qatar following the death of the country’s former Emir, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani,…

Read More

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Missed

From farm to bottle: Youth-led Company adds value to Pineapples, creates jobs and markets for farmers in Rwanda

From farm to bottle: Youth-led Company adds value to Pineapples, creates jobs and markets for farmers in Rwanda

First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite