“Baragutereye umuti ntaho uhurira na malariya”, Dusabe Fatuma waterewe Uumuti ahamya ko bitanga umusaruro

Imibare mishya igaragaza ko indwara ya malariya mu Rwanda iri kugenda igabanuka, aho muri 2024-2025 habaruwe abarwayi basaga 1,131,314, mu mwaka wakurikiyeho muri 2025 kugeza muri Werurwe 2026 ho umubare waragabanutse ugera ku 928,616.

Mu turere twagaragayemo Malaria nyinshi hagati ya Nyakanga 2025 na Werurwe 2026, Akarere ka Gisagara kari ku isonga n’abarwayi 216,350, kagakurikirwa na Gasabo ifite abarwayi 98,077. Icyakora, ubugenzuzi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) muri Werurwe 2026 bwagaragaje ihinduka, aho Akarere ka Ngoma kari gafite abarwayi 5,839, kagakurikirwa na Kayonza yari ifite abarwayi 5,709 muri uko kwezi.

Iyi mibare igaragaza ko ingamba zo kurwanya malariya, zirimo gutera imiti yica imibu mu nzu ndetse n’izindi gahunda z’ubwirinzi, zitangiye gutanga umusaruro. Ubuyobozi bukavuga ko izo ngamba zikomeje gushyirwa mu bikorwa neza, bishobora gutuma intego yo kugabanya malariya ku kigero cya 70% muri 2030 igerwaho.

Abaturage na bo bemeza ko hari impinduka zigaragara. Dusabe Fatuma, umwe mu batuye mu gace katewe imiti, yagaragaje uko ubuzima bwahindutse nyuma yo gutererwa umuti urwanya imibu. Yagize ati: “Nkimukira hano twese twahoraga turwaye, ariko aho gahunda yo kuduterera umuti yaziye dushobora kumara umwaka ntawurwaye malariya. Baragutereye umuti ntaho uhurira na malariya.”

Nubwo hari bamwe bagaragaza impungenge ku ngaruka z’iyo miti, Dusabe ahamya ko nta kibazo itera, ndetse agashishikariza abaturage kuyakira no gukorana n’abajyanama b’ubuzima. Yagize ati: “Uyu muti nta kibazo rwose, mfite abana barwara am’aleliji, ariko nabo ntacyo ubatwara. Icyo nabwira abantu, nuko bareka abajyanama b’ubuzima bakabaterera iyi miti kuko irafasha, kuko uretse kwica imibu yica n’utundi dukoko.”

Dusabe Fatuma umuturage waterewe umuti wica imibu

Ubuyobozi bwa RBC na bwo bushimangira ko guterera imiti mu nzu ari imwe mu ngamba zitanga umusaruro ufatika. HABANABAKIZE Epaphrodite, ushinzwe ubwirinzi bwa malariya muri RBC, yavuze ko aho iyi gahunda ishyizwe mu bikorwa neza igabanya ubwandu ku kigero kirenga 90%. Yagize ati: “Ahantu henshi iyo duteye umuti neza, bigabanyaho birenga 90% byo kwandura iyi ndwara. Gisagara iri mu turere twari dufite abarwayi benshi bagera 67,000 mu Ukwakira, ariko uyu munsi yagabanyutseho hejuru ya 80%. Muri iyi gahunda ku rwego rw’igihugu tuzatera mu mirenge 96.”

Uretse gutera imiti, inzitiramibu na zo zikomeje gutangwa ku bwinshi mu baturage, aho hamaze gutangwa izisaga miliyoni, ndetse hakaba hari izindi ziteganyijwe gutangwa mu rwego rwo kurushaho gukaza ingamba zo kurinda abaturage iyi ndwara iterwa n’imibu.

  • Related Posts

    Rwanda steps up fight against teen pregnancies as Youth Forum calls for stronger family dialogue

    More than 2,000 young people gathered at the Kigali Convention Centre for the National Youth Forum on accelerating efforts to prevent and eliminate teenage pregnancies, with government leaders, development partners…

    Read More
    Emotions of Kantarama from Kiramuruzi handed a 15 million Rwandan Francs house built for her

    Kantarama Athanasie, 84 years old and a survivor of the Genocide against the Tutsi in April 1994, living in Kiramuruzi Sector, was handed a house worth 15,500,000 Frw. She expressed…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

    First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

    Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

    Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

    From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

    From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

    President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

    President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

    Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

    Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

    Rwanda’s Liberation is an ongoing journey that belongs to every generation – President Kagame

    Rwanda’s Liberation is an ongoing journey that belongs to every generation – President Kagame