Rwamagana: Fumbwe na Muyumbu ku isonga mu kwibasirwa na malariya, abaturage bahawe inzitiramibu

Imirenge ya Fumbwe na Muyumbu yo mu Karere ka Rwamagana ikomeje kugaragara mu yugarijwe cyane na malariya, aho yihariye hafi kimwe cya kabiri cy’abarwayi bose muri aka karere, ibintu bikomeje guteza impungenge inzego z’ubuzima.

Mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo, ku wa 24 Mata 2026, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’izindi nzego, cyatangije ubukangurambaga bw’iminsi itanu bwo kurwanya malariya, aho hatanzwe inzitiramibu mu Murenge wa Fumbwe, by’umwihariko mu Kagari ka Nyarusange.

Abaturage bahawe izi nzitiramibu bagaragaje ko zije zikenewe cyane, bavuga ko zizabafasha mu guhangana n’iki cyorezo cyari cyarabarembeje. Bagize bati: “Izi nzitiramibu baduhaye turazishimiye, kuko zigiye kudufasha mubuzima busanzwe, icyorezo cyitwa malariya cyari kitumereye nabi, imibu yari myinshi. Muri iki gihe cy’umukamuko iyo imyaka ishatse kuma imibu ivamo ikaza mu mazu.”

Kuba aka gace kegereye Ikiyaga cya Muhazi ni kimwe mu bituma malariya ihagaragara cyane, kuko imibu ihororokera byoroshye muri ibi bice bifite amazi menshi. Nubwo bimeze bityo, hari abajyaga bakoresha nabi inzitiramibu bazijyana mu burobyi, ariko kuri ubu bavuga ko bagiye guhindura imyumvire bakazikoresha icyo zagenewe.

Nibakure Jeanne D’Arc yavuze ko ubu bamaze gusobanukirwa akamaro k’inzitiramibu, ati: “Iwange mu rugo, supanete nari nzikeneye, none Imana ingiriye neza. Nta muntu utazi akamaro kayo, ubu rero tugiye kuzikoresha neza uko bikwiriye.”

Nibakure Jeanne D’Arc umuturage wa Fumbwe

Uwayezu Damascene, na we ashimangira ko imikoreshereze mibi y’inzitiramibu igiye gucika, ati: “Bazubakishirizaga inkoko, bazirobeshaga amafi, ariko ubu ntabwo bigikorwa kuko bamaze kumenya akamaro kayo. Leta iba yarafashe igihe kinini kigira ngo ziboneke, natwe tugomba kuzifata neza. Ingamba dufite n’izo gutema ibihuru byegereye aho dutuye, no kuhavana ibimene by’amacupa byarekamo amazi, by’imwihariko tukarara muri izi nzitiramibu baduhaye.”

Dr. Epaphrodite Mbituyumuremyi ushinzwe kurwanya malariya muri RBC, yasabye abaturage kurushaho gukoresha neza izi nzitiramibu, agaragaza ko aribwo buryo bw’ingenzi bwo kwirinda iyi ndwara. Ati: “Gutanga inziramibu ni kimwe, ariko igifasha cyane ni wawundi wayifashe akayiryamamo buri gihe, buri joro.”

Epaphrodite Mbituyumuremyi umuyobozi mu ishami rishinzwe kurwanya malariya muri RBC

Nubwo ibikorwa byo kwirinda bikomeje gushyirwamo imbaraga, haracyari bamwe mu baturage batinda kwivuza bagahitamo kwiyambaza ubuvuzi gakondo cyangwa kubaza abakurambere, bigatuma ubuzima bwabo bujya mu kaga.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Radjab MBONYUMUVUNYI, yaboneyeho kubasaba guhindura iyo myitwarire, abasaba kwihutira kugana abaganga igihe bagaragaje ibimenyetso bya malariya. Yagize ati: “Na malariya rero ntihakagire ujya kubaza abakurambere, mujye mubabariza kwa muganga, malariya n’indwara y’ishyano kandi yica. Nagiraga ngo mbakangurire kwita k’ubuzima no kwivuriza ku gihe. Murarye muri menge ugize akamenyetso yivuze hakiri kare.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Radjab MBONYUMUVUNYI

Imibare yo muri Werurwe 2026 igaragaza ko Akarere ka Rwamagana kari gafite abarwayi ba malariya 883, aho Fumbwe na Muyumbu zonyine zari zifite 50% by’abo barwayi. Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’iki cyorezo, mu Murenge wa Fumbwe hatanzwe inzitiramibu zisaga 21,650 zigenewe ingo zirenga ibihumbi umunani.

Ibi bikorwa biri mu murongo wa gahunda ya Leta yo gukumira no kurandura malariya, ishingiye ku kongera ubukangurambaga no gufasha abaturage kubona ibikoresho bibarinda iyi ndwara.

Abaturage ba Nyarusange bahawe inzitiramibu zirenga ibihumbi 21
  • Related Posts

    Kenya’s secret Ebola deal with the U.S. sparks anger among Doctors

    Kenya has agreed to let the United States build an Ebola quarantine facility on its soil. The country’s doctors are angry. The government says it made the right call. And…

    Read More
    Amazi meza mu bigo nderabuzima byo mu cyaro: Intambwe ikomeye mu kurengera ubuzima bw’abarwayi

    Mu bice byinshi by’icyaro mu Rwanda, kubona amazi meza byari ikibazo gikomeye, by’umwihariko mu bigo nderabuzima. Ariko ubu, hari impinduka igaragara aho amazi meza ari kugera muri ibi bigo, bikaba…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow

    A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow