Sudan: Mu mezi atatu gusa intambara imaze gutwara ubuzima bwa benshi

Abasivili bagera hafi kuri 700 bamaze kwicwa n’ibitero bya drones muri Sudan kuva muri Mutarama 2026, nk’uko Umuryango w’Abibumbye (UN) wabitangaje, bigaragaza ubukana bw’intambara y’imbere mu gihugu igeze mu mwaka wa kane.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi muri UN, Tom Fletcher, yavuze ko abenshi muri aba bishwe bapfuye mu mezi atatu ya mbere y’uyu mwaka, aho ibitero bya drones byabaye hafi buri munsi mu duce turi kuberamo imirwano.

Ibi bitero byibasiye cyane uduce twa Kordofan na Darfur, aho imirwano hagati y’ingabo za Leta n’umutwe wa Rapid Support Forces ikomeje gukaza umurego.

Ishami rya UN ryita ku bana ryagaragaje ko drones ziri mu bitera igice kinini cy’impfu z’abana, aho ibitero byibasira amazu, amasoko ndetse n’amashuri.

Intambara hagati y’ingabo za Sudan n’umutwe wa Rapid Support Forces imaze guhitana abantu ibihumbi n’ibihumbi, inatuma abarenga miliyoni 11 bava mu byabo. Imiryango myinshi yasenyewe ubuzima burundu, mu gihe inzara ikomeje gukwira mu bice byinshi by’igihugu.

Gusenyuka kw’imiyoboro y’itumanaho byatumye imiryango myinshi ibura amakuru y’ababo, bikongera ububabare bwo mu mutima ku bahuye n’ingaruka z’iyi ntambara.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko Sudan ari cyo gihugu kiri mu bibazo bikomeye by’ubutabazi ku isi muri iki gihe, aho hafi bibiri bya gatatu by’abaturage bakeneye ubufasha bwihutirwa.

Nubwo ibikorwa by’ubutabazi bimaze kugera kuri miliyoni z’abantu, biracyabangamiwe n’amikoro make. Abayobozi batandukanye baburira ko imirwano ikomeje, ifatanije n’izamuka ry’ibiciro ku rwego mpuzamahanga, ishobora kurushaho guteza inzara no kongera ubukana bw’ibibazo igihugu gisanganywe.

Imibare ya UN igaragaza ko abantu barenga miliyoni 19 bari mu kaga gakomeye k’inzara, bitewe n’ibura ry’ibiribwa, lisansi n’ibindi bikenerwa mu buzima bwa buri munsi.

Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (ICRC) yatangaje ko abantu barenga 11,000 baburiwe irengero kuva intambara yatangira, umubare wakomeje kwiyongera cyane mu mwaka ushize

Related Posts

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

President Paul Kagame on Friday urged members of the FPR Inkotanyi to remain committed to the party’s founding values by focusing on responsibility, practical solutions and long-term development instead of…

Read More
President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

Rwandan President Paul Kagame has expressed his deepest condolences to the leadership and people of Qatar following the death of the country’s former Emir, Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani,…

Read More

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Missed

First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

First Lady Jeannette Kagame inaugurates Imbuto Hub to empower youth and shape Rwanda’s future

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

Kagame calls on FPR Members to focus on Solutions, Responsibility and Long-term development

From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

From Underdogs to the Final: Spain’s remarkable World Cup journey

President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

President Kagame mourns former Qatari Emir, hails his lasting legacy

Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

Rwanda’s inflation surges to 13.6%, Highest reading in years, as housing and transport costs bite

Rwanda’s Liberation is an ongoing journey that belongs to every generation – President Kagame

Rwanda’s Liberation is an ongoing journey that belongs to every generation – President Kagame