Perezida Trump agiye gusomera abanyamerika bibiliya mu gikorwa cyiswe “America Reads the Bible”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ategerejwe mu kwifatanya n’abandi bayobozi n’abanyamadini mu gikorwa cyihariye kizwi nka ‘America Reads the Bible’, kizabera i Washington DC ku wa 21 Mata 2026, kigamije gusoma no kuganira ku magambo yo mu byanditswe Bitagatifu.

Iki gikorwa kizabera mu Nzu Ndangamurage ya Bibiliya, aho kizahuza abantu batandukanye bafite uruhare mu miyoborere no mu myemerere, bagasoma imirongo ya Bibiliya ndetse hakanabaho umwanya wihariye wo gusenga no gutekereza ku butumwa bukubiye muri ayo magambo.

Nubwo benshi mu bazitabira bazaba bitabiriye imbonankubone, Perezida Trump we azatanga ubutumwa bwe abinyujije ku mashusho yafatiwe mu biro bye, azerekanwa ku bari bukurikirane icyo gikorwa.

Mu bandi bayobozi bazitabira harimo Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth, ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, na bo bazagira uruhare mu gusoma no gutanga ibitekerezo ku Byanditswe.

Amakuru atangwa n’ibitangazamakuru birimo CNN agaragaza ko Trump azibanda ku gice cyo mu gitabo cya kabiri cy’Ibyo ku Ngoma, aho azasoma umurongo wa 11 kugeza ku wa 22. Ku murongo wa 14 uzwi cyane ugira uti: “Maze abantu banjye bitiriwe izina ryanjye ni abicisha bugufi bagasenga, bagashaka mu maso hanjye bagahindukira bakareka ingeso zabo mbi, nanjye nzumva ndi mu ijuru mbababarire igicumuro cyabo, mbakirize igihugu.”

Abateguye iki gikorwa bagaragaza ko guhitamo uwo murongo bifite igisobanuro gikomeye, cyane ko wibutsa akamaro ko kwicisha bugufi, gusenga no guhindura imyitwarire mu kubaka igihugu gifite amahoro n’iterambere.

Iki gikorwa kibaye mu gihe Perezida Trump amaze iminsi avugwaho kutumvikana na Papa Léon XIV ku bijyanye n’ibibazo mpuzamahanga, by’umwihariko ku ntambara ya Iran, ibintu byatumye ibitekerezo byabo bitandukanye bikomeza kuvugisha benshi.

Abasesenguzi batandukanye bavuga ko iki gikorwa gishobora kuba uburyo bwo kongera kugaragaza uruhare rw’imyemerere mu miyoborere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo hari n’ababibona nk’igishobora gutera impaka ku kuvanga idini na politiki.

Nubwo bimeze bityo ariko, ‘America Reads the Bible’ igaragara nk’ikorwa rigamije guhuza abantu b’ingeri zitandukanye, ribaha umwanya wo gusangira ubutumwa bw’icyizere, ubumwe n’ihumure bukubiye mu magambo ya Bibiliya.

  • Related Posts

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    On Friday afternoon, in Kiramuruzi Sector, Gatsibo District, the 32nd commemoration was held for Tutsi victims killed during the 1994 Genocide against the Tutsi and thrown into Lake Muhazi. The…

    Read More
    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    At the Kabgayi Genocide Memorial in Muhanga, survivors, government officials and residents gathered to mark the 32nd commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, during which eight bodies of…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration