Rwanda Premier League yahannye abakinnyi babiri bazira imyitwarire idahwitse n’imihango itemewe

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwafatiye ibihano abakinnyi babiri bakina mu makipe ya Etincelles FC na APR FC, nyuma y’ibikorwa byabagaragayeho mu mukino w’umunsi wa 27 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu, ku wa Gatandatu tariki ya 18 Mata 2026.

Aba bakinnyi ni Gédéon Ndonga Bivula wa Etincelles FC na Daouda Yussif Seidu wa APR FC, bahanishijwe amande nyuma yo kurenga ku mabwiriza agenga imyitwarire mu irushanwa. Ndonga yaciwe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 200, mu gihe Seidu we yaciwe ibihumbi 100.

Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa shampiyona, aba bakinnyi bombi bakoze ibikorwa byabangamiye itangira ry’umukino. Bagaragaye batinda kwinjira mu kibuga igihe amakipe yasohokaga mu rwambariro, ibintu bifatwa nko gukereza umukino no kutubahiriza amabwiriza agenga irushanwa.

By’umwihariko, Gédéon Ndonga yagaragayeho igikorwa cyateje impaka, aho yasize ibintu bimeze nk’ifu mu mutwe mu ruhame. Ibi byafashwe nk’imyitwarire itari iya kinyamwuga ndetse ishobora gufatwa nk’ibikorwa biteye urujijo, bifitanye isano n’imihango itemewe muri siporo.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko budashobora kwihanganira imyitwarire iyo ari yo yose ishobora gutesha agaciro irushanwa cyangwa gutinza imigendekere y’umukino. Bwashimangiye ko bugamije guteza imbere ubunyamwuga no kubaka isura nziza ya shampiyona, cyane cyane muri iki gihe iri kugana ku musozo, aho guhangana hagati y’amakipe biri ku rwego rwo hejuru.

Ibi bihano bitanzwe mu gihe amakipe ari guhatanira imyanya ya mbere n’ashaka kwirinda kumanuka mu cyiciro cya kabiri, ibintu bituma buri mukino uba ufite igisobanuro gikomeye ku hazaza h’amakipe.

  • Related Posts

    Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé

    Rwandan giants Rayon Sports have left Kigali for Cameroon as they begin their campaign in the 2026/27 CAF Confederation Cup. The Blues departed Kigali on Monday morning ahead of their…

    Read More
    Bumbogo: Football, Faith and Testimonies used to keep youth away from drugs

    The story of a former drug user and thief who now serves as an evangelist became one of the central messages in Bumbogo Sector, Gasabo District, where residents gathered for…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Rwanda’s cost of living pressure deepens as inflation hits 15.9%

    Rwanda’s cost of living pressure deepens as inflation hits 15.9%

    What a month’s salary buys at the pump across the G20

    What a month’s salary buys at the pump across the G20

    Bread, The story behind the Loaf on our table

    Bread, The story behind the Loaf on our table

    Soybeans, A small bean with a big role in feeding the world

    Soybeans, A small bean with a big role in feeding the world

    Patrice Evra names Baby Gorilla “Umuganura” as Rwanda’s Kwita Izina celebrates 22 new Gorillas

    Patrice Evra names Baby Gorilla “Umuganura” as Rwanda’s Kwita Izina celebrates 22 new Gorillas

    Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé

    Rayonsports head to Cameroon for CAF Confederation Cup battle against Panthère Sportive du Ndé