Abakinnyi Khvicha Kvaratskhelia na Ousmane Dembélé babaye intwari mu mukino wabaye kuri uyu wa kabiri mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Paris Saint-Germain (PSG) yari yakiriye Bayern München yayitsinze ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza, mu mukino ushobora kuzibukwa nk’umwe mu mikino myiza yabaye muri iri rushanwa.
Mbere y’uyu mukino, ibyari byitezwe byari byinshi kuko aya makipe yombi azwiho gukina asatira cyane yari afite ibitego 38 buri imwe mbere y’uko umukino utangira.
Gusa ibyabaye mu kibuga byarenze kure ibyo abafana bari biteze, kuko wabaye umukino urimo umuvuduko mwinshi, ubuhanga n’ibitego byiza byerekanye urwego rwo hejuru rw’umupira w’i Burayi.
Nyuma y’iminota ya mbere itari irimo igitutu kinini, umukino watangiye gushyuha ubwo Willian Pacho yakoraga ikosa kuri Luis Díaz mu rubuga rw’amahina, Harry Kane ahita atsinda penaliti yavuyemo, kiba igitego cye cya 54 muri uyu mwaka w’imikino.
Nyuma y’iminota irindwi gusa, PSG yahise yishyura, aho Kvaratskhelia yanyuze kuri Josip Stanišić mbere yo gutsinda igitego cyiza cyanyuze kuri Manuel Neuer, kiba igitego cye cya gatandatu mu mikino itandatu iheruka ya Champions League.
João Neves wari waratsinze Bayern mu mikino ibanza ya Champions League muri uyu mwaka, yongeye gutsinda igitego cya kabiri cya PSG ku munota wa 30, atsinda umutwe mwiza avuye ku mupira wari uvuye muri koruneri ya Dembélé.
Ntibyatinze, Bayern yahise yishyura binyuze kuri Michael Olise, wakoresheje ubuhanga bwe bwinshi yinjira mu rubuga rw’amahina maze atsinda igitego.
Mu gihe byasaga n’aho igice cya mbere kirangira amakipe anganya, Alphonso Davies yakoze ikosa ryo gufata umupira mu rubuga rw’amahina, Dembélé atsinda penaliti yavuyemo, PSG irangiza igice cya mbere iri imbere n’ibitego 3-2.
Mu gice cya kabiri, PSG yatangiye ku muvuduko wo hejuru, aho Kvaratskhelia yongeye gutsinda igitego cya kabiri cye, akoresheje umupira mwiza yari ahawe na Achraf Hakimi. Nyuma yaho, Dembélé nawe yatsinze igitego cya kabiri cye kiba icya gatanu cya PSG.
Byasaga n’aho Bayern München yamaze gutsindwa burundu, ariko yongeye kugaruka mu mukino. Dayot Upamecano yatsinze igitego ku mupira w’umutwe avuye kuri coup franc ya Joshua Kimmich, nyuma y’iminota itatu gusa Luis Díaz atsinda igitego cyiza cyane akoresheje umupira muremure yari ahawe na Harry Kane.
Aha ni ho ibitego byagarukiye muri uyu mukino udasanzwe, ubu amaso akaba ahanzwe umukino wo kwishyura uzabera i Munich mu cyumweru gitaha. Niba uzaba umeze nk’uyu, ushobora kuba undi mukino udasanzwe.
Mu magambo ye nyuma y’umukino, Ousmane Dembélé wabaye umukinnyi w’umukino yavuze ko aya makipe yombi akina asatira cyane kandi ko batazahindura uburyo bwabo mu mukino wo kwishyura.
Yagize ati: “Twese turi amakipe akunda gusatira. Ntiduzahindura uburyo bwacu bwo gukina. Turashaka kongera gusatira, kandi nabo ni uko bimeze, bityo ndizera ko umukino utaha uzaba mwiza cyane.”
Kapiteni wa PSG, Marquinhos, nawe yavuze ko umukino wari udasanzwe ku bakunzi b’umupira w’amaguru.
Ati: “Uyu ni umukino buri mufana wese yakwishimira. Wari umukino ukomeye cyane, amakipe yombi akinana imbaraga n’umuvuduko. Turishimye kuba twabashije gutsinda.”
Umutoza wa PSG, Luis Enrique, yavuze ko atari yarigeze abona umukino ufite umuvuduko nk’uyu.
Ati: “Uyu mukino wari ku rwego rwo hejuru cyane. Bayern ni ikipe ikomeye cyane, kandi umukino wo kwishyura nawo uzaba ukomeye. Turishimye gutsinda, ariko uyu mukino wari ku rwego rwo hejuru ku buryo amakipe yombi yari akwiriye gutsinda cyangwa kunganya.”
Ku ruhande rwa Bayern München, Harry Kane yavuze ko amakipe yombi yagaragaje urwego rwo hejuru cyane.
Ati: “Byari amakipe abiri akomeye cyane, cyane cyane mu gusatira no mu muvuduko. Twagize amahirwe yo gutsinda mbere ariko ntitwayabyaza umusaruro neza. Gusa twishimira ko twagarutse mu mukino, nubwo twari inyuma n’ibitego 5-2.”
Umukino wo kwishyura uzabera i Munich kuri stade Allianz Arena taliki 6 Gicurasi saa 21h00, uyu mukino niwo uzagena ikipe izakomeza ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.









