U Rwanda rugiye guhagarika moto zikoresha Lisansi mu gihugu hose, hongerwe iz’amashanyarazi

U Rwanda rwatangaje gahunda yo gukura burundu ku isoko amapikipiki akoresha lisansi na mazutu, mu rwego rwo guteza imbere ikoreshwa ry’ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi no kurengera ibidukikije. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Jean de Dieu Uwihanganye, wavuze ko iyi gahunda yamaze gutanga umusaruro kandi igiye kwagurirwa mu gihugu hose.

Iyi politiki ishingiye ku cyemezo cyafashwe muri Mutarama 2025 cyo guhagarika gutanga impushya ku bashya bashaka gukora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakoresheje amapikipiki asanzwe akoresha lisansi, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali. Kuri ubu, umuntu wese ushaka kubona uruhushya rutangwa na RURA rwo gukora uyu mwuga asabwa gukoresha moto zikoresha amashanyarazi.

Amb. Uwihanganye yavuze ko gahunda yo kwimakaza amapikipiki akoresha amashanyarazi yatangiye gutanga umusaruro ugaragara, ndetse ko isoko ryabyo rimaze gukomera ku buryo bishoboka ko iyi gahunda yaguka ikagera mu gihugu hose.

Yagize ati: “Mu minsi iri imbere, tuzashyira mu bikorwa iki cyemezo ku rwego rw’igihugu hose. Nta moto itari iy’amashanyarazi izemererwa kongera kwinjira mu gihugu, cyane cyane izitwara abagenzi.”

Yongeyeho ko hari intambwe igaragara imaze guterwa, aho abacuruzi batangiye gutumiza moto z’amashanyarazi ku bwinshi ndetse hakiyongeraho n’ibigo bitanga serivisi zo kuzishyiramo umuriro (charging stations). Nubwo hakiri imbogamizi nke, yavuze ko urwego rumaze gukura bihagije.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2025 mu Rwanda hagurishijwe amapikipiki arenga 14,000, bikaba byariyongereyeho 28% ugereranyije n’umwaka wabanje. Muri ayo, igice kinini cyari amapikipiki akoresha amashanyarazi, aho kugurishwa kwayo kwiyongereyeho 686% kuva yatangira gukoreshwa mu Rwanda.

Icyakora, amapikipiki asanzwe akoresha lisansi cyangwa mazutu yamaze kwandikwa azakomeza gukora akazi kayo nk’uko bisanzwe. Iyi gahunda ireba cyane cyane amapikipiki mashya yinjira mu kazi ko gutwara abagenzi, aho asabwa kuba akoresha amashanyarazi gusa.

Iyi gahunda iri mu murongo wa Leta wo kugabanya imyuka ihumanya ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga rigezweho no gushyigikira ubukungu burambye bushingiye ku kurengera ibidukikije.

  • Related Posts

    Rwanda’s Central Bank raises interest rates sharply amid surging inflation

    National Bank of Rwanda tightens monetary policy as price pressures intensify. Rwanda’s Monetary Policy Committee (MPC) has delivered its most aggressive interest rate hike in recent memory, lifting the Central…

    Read More
    African leaders meet in Kigali to push nuclear energy forward and say money is the biggest problem

    Leaders, experts, and investors from across Africa and beyond came together in Kigali, Rwanda on Tuesday for a major meeting called the Nuclear Energy Innovation Summit for Africa known as…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration