FERWAFA yiyemeje gushyigikira Infantino mu matora yuzayobora FIFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ataha y’uyobora FIFA ateganyijwe tariki ya 18 Werurwe 2027. Aya matora azabera i Rabat muri Morocco, mu Nama y’Inteko Rusange ya FIFA.

Ibi byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, wavuze ko mu gihe Gianni Infantino amaze ayobora FIFA kuva mu 2016, umupira w’amaguru wageze ku rwego rushimishije, haba mu mikorere igaragaramo umucyo no mu kwagura amahirwe ku bihugu byose byitabiriye siporo

Yagize ati, “Mu buyobozi bwa Infantino, umupira w’amaguru wateye imbere kandi ntihagira uhezwa. Turizera ko gukomeza icyerekezo cye bizafasha gukemura ibibazo bikigaragara muri siporo ku rwego mpuzamahanga.”

FERWAFA ivuga ko ifitiye icyizere ko mu gihe Gianni Infantino yakomeza kuyobora FIFA, hazakomeza kubaho iterambere rirambye ry’umupira w’amaguru ku isi, by’umwihariko mu guteza imbere ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Iyi myanzuro ije ikurikira indi yafashwe n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, yamaze gutangaza ko azashyigikira Infantino muri aya matora. Ibi bikaba bishimangira amahirwe menshi afite yo kongera gutorerwa kuyobora FIFA.

Gianni Infantino, w’imyaka 56, yatangiye kuyobora FIFA mu 2016, ndetse yongeye gutorerwa kuyiyobora mu 2023, mu matora yabereye mu Rwanda, yahuriranye n’Inteko Rusange ya 73 ya FIFA. Kugeza ubu, ari mu bayobozi bafite amahirwe menshi yo gukomeza kuyobora uru rwego rukomeye ku isi mu mupira w’amaguru.

Related Posts

President Kagame highlights Rwanda’s sports investment impact at BAL Investors Summit

Rwanda’s President Paul Kagame has underscored the growing impact of sports investments and international partnerships on the country’s economy, tourism, and youth development, speaking during the BAL Investors Summit. Addressing…

Read More
Pep Guardiola will leave Manchester City at the end of this season after 10 years

Legendary football coach Pep Guardiola, aged 55, has announced that he will leave Manchester City at the end of the current season, bringing to a close an extraordinary 10-year spell…

Read More

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

You Missed

Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration