Umwuka mubi ukomeje kwiyongera hagati ya Trump na Papa Leo XIV

Mu gihe isi ikomeje guhangana n’ibibazo bya politiki mpuzamahanga bigenda byiyongera, umwuka mubi uri kugaragara hagati ya Donald Trump na Papa Leo XIV ukomeje kuvugisha benshi, by’umwihariko ku bijyanye n’uko bakemura ibibazo by’intambara n’imiyoborere y’isi.

‎‎Amakuru aturuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga agaragaza ko Trump yifashishije imbuga nkoranyambaga anenga imyitwarire ya Papa Leo XIV, amushinja kudashyigikira neza politiki ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyane cyane ku bibazo birebana n’umutekano n’intambara ziri mu Burasirazuba bwo Hagati, nk’uko byanditswe n’ibiro ntaramakuru Reuters.

‎‎Perezida wa Amerika yashimangiye ko umuyobozi wa Kiliziya Gatolika akwiye kwirinda kwivanga mu bibazo bya politiki, ahubwo agashyira imbaraga mu nshingano ze z’iyobokamana.

‎‎Ku rundi ruhande ariko ikinyamakuru Le Monde cyanditse ko Papa Leo XIV na we atatinze gusubiza, aho yagaragaje impungenge ku mvugo n’ingamba za politiki zishobora gukomeza guteza intambara no kumena amaraso, ashimangira ko ibiganiro n’amahoro ari byo bikwiye gushyirwa imbere aho gukoresha ingufu za gisirikare.

‎‎Ibi byakurikiye amagambo Papa Leo XIV yari aherutse gutangaza yamagana imvugo zisa n’izishyigikira intambara, agaragaza ko gukoresha imbaraga atari igisubizo kirambye ku makimbirane y’ibihugu.

‎‎Si ku ntambara gusa aba bayobozi batavugaho rumwe. Papa Leo XIV yanagaragaje kutemeranya n’imwe muri politiki ya Amerika ku bijyanye n’abimukira, ibintu byarushijeho kongera intera y’ubwumvikane buke hagati yabo.

‎‎Nubwo kutumvikana hagati y’abayobozi ba politiki n’ab’amadini atari bishya, uko biri kugaragara hagati ya Trump na Papa Leo XIV byo byihariye uburemere, kuko bikomeje gukurura impaka ku ruhare rw’amadini mu bibazo bya politiki mpuzamahanga.

‎‎Ibi byose bigaragaza icyuho gikomeye mu mitekerereze y’aba bayobozi bombi, aho umwe ashyira imbere inyungu za politiki n’umutekano w’igihugu, undi akibanda ku butumwa bw’amahoro, ubwiyunge no kurengera ubuzima bw’abantu ku rwego rw’isi.

  • Related Posts

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    On Friday afternoon, in Kiramuruzi Sector, Gatsibo District, the 32nd commemoration was held for Tutsi victims killed during the 1994 Genocide against the Tutsi and thrown into Lake Muhazi. The…

    Read More
    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    At the Kabgayi Genocide Memorial in Muhanga, survivors, government officials and residents gathered to mark the 32nd commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, during which eight bodies of…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Rwamagana: Two teenage sisters who gave birth at home are crying out for justice.

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration