Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ataha y’uyobora FIFA ateganyijwe tariki ya 18 Werurwe 2027. Aya matora azabera i Rabat muri Morocco, mu Nama y’Inteko Rusange ya FIFA.
Ibi byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, wavuze ko mu gihe Gianni Infantino amaze ayobora FIFA kuva mu 2016, umupira w’amaguru wageze ku rwego rushimishije, haba mu mikorere igaragaramo umucyo no mu kwagura amahirwe ku bihugu byose byitabiriye siporo
Yagize ati, “Mu buyobozi bwa Infantino, umupira w’amaguru wateye imbere kandi ntihagira uhezwa. Turizera ko gukomeza icyerekezo cye bizafasha gukemura ibibazo bikigaragara muri siporo ku rwego mpuzamahanga.”
FERWAFA ivuga ko ifitiye icyizere ko mu gihe Gianni Infantino yakomeza kuyobora FIFA, hazakomeza kubaho iterambere rirambye ry’umupira w’amaguru ku isi, by’umwihariko mu guteza imbere ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Iyi myanzuro ije ikurikira indi yafashwe n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, yamaze gutangaza ko azashyigikira Infantino muri aya matora. Ibi bikaba bishimangira amahirwe menshi afite yo kongera gutorerwa kuyobora FIFA.
Gianni Infantino, w’imyaka 56, yatangiye kuyobora FIFA mu 2016, ndetse yongeye gutorerwa kuyiyobora mu 2023, mu matora yabereye mu Rwanda, yahuriranye n’Inteko Rusange ya 73 ya FIFA. Kugeza ubu, ari mu bayobozi bafite amahirwe menshi yo gukomeza kuyobora uru rwego rukomeye ku isi mu mupira w’amaguru.









