Amateka ya ETO Kicukiro agaruka nk’igihamya cy’uko amahanga yananiwe inshingano zayo

Ibihumbi by’abaturage baturutse hirya no hino mu Mujyi wa Kigali bitabiriye urugendo rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciwe i Nyanza ya Kicukiro nyuma yo gutereranwa n’Ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bwa Loni (MINUAR).

Uru rugendo rwatangiriye ahahoze Ishuri rya ETO Kicukiro, rwasorejwe ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, aho abitabiriye bunamiye inzirakarengane ziharuhukiye.

Mu 1994, Abatutsi benshi bahungiye muri ETO bizeye uburinzi bw’Ingabo za MINUAR zari zihari, ariko ku wa 11 Mata batereranwa, basigara mu maboko y’Interahamwe n’abasirikare babajyanye ku musozi wa Nyanza aho biciwe urw’agashinyaguro.

Uyu munsi ukaba ukomeza kwibutswa buri mwaka nk’ikimenyetso cy’ubugome n’akagambane byakorewe Abatutsi.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yavuze ko tariki ya 11 Mata ari umunsi ukomeye mu mateka y’u Rwanda, kuko wibutsa uburyo Abatutsi bagambaniwe n’Umuryango Mpuzamahanga wari ufite inshingano zo kubarinda.

Ati “Uyu mugoroba kandi ni umunsi mu Mujyi wa Kigali no mu Rwanda hose tuzirikana uburyo Abatutsi bo mu Rwanda bagambaniwe, bagasigwa n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zari zije hano zije kurinda amahoro.”

Yakomeje ashimangira ko Umusozi wa Nyanza ya Kicukiro ari ahantu hihariye mu mateka y’igihugu, kubera amaraso menshi yahamenekeye.

Ati “Uyu musozi uruhukiyemo abacu benshi barimo abiciwe hano n’ahandi mu Mujyi wa Kigali, bahashyinguye mu cyubahiro. Uyu mugoroba turabazirikana, turazirikana inzira banyuzemo, turazirikana akagambane bagiriwe, turazikana ubugome bagiriwe, tuzirikana ko bambuwe ubuzima bazira ko ari Abatutsi.”

Perezida wa IBUKA, Dr Philibert Gakwenzire, yagarutse ku ruhare rw’Ingabo z’Ababiligi zari muri MINUAR, avuga ko zari zifite ubushobozi bwo kurinda Abatutsi bari bahungiye muri ETO ariko ntizabikora.

Ati “Uretse n’ibyo bari bafite n’ubushobozi bwo kubuza Leta y’u Rwanda gukomeza kwica. Ingabo z’Ababiligi zari muri MINUAR zasize Abatutsi bari muri ETO, bazi neza ko bagiye kwicwa kuko bari bafite amakuru ahagije ku mugambi wa Jenoside yakorerwaga Abatutsi.”

Yakomeje avuga ko abazize Jenoside bashyinguye i Nyanza ya Kicukiro bishwe bazira politiki mbi yari igamije kurimbura Abatutsi.

Ati “Ntibari bafite kivurira, ahubwo bicwaga n’abakabaye babarindira umutekano. Ingabo z’Inkotanyi ni zo zaje zikagoboka, zirabatabara.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye uruhare rw’amahanga muri Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko yari azi neza ibiri kuba ariko ntigire icyo akora.

Ati “Mu 1994 Jenoside irimo iraba mu Rwanda, imiborogo iri hose, Umuryango w’Abibumbye washyiriweho kurwanya ubwicanyi nk’ubwo ariko ibihugu byicaye i New York mu Kanama k’umutekano byumvise ko ari ngombwa kuvana n’abasirikare bari bahari ngo bagende kubera ko u Bubiligi bwari bwabashyizeho igitutu.”

Yakomeje anenga imyitwarire y’u Bubiligi nyuma y’iyicwa ry’abasirikare 10 barindaga Agathe Uwiringiyimana, avuga ko icyo gihugu cyahisemo gukura ingabo zacyo mu Rwanda aho gukomeza kurinda abasivile bari mu kaga.

Ati “Amahanga afite Loni, amahanga afite Akanama k’Umutekano, ayo makuru barayabonye, ntacyo bayakozeho.”

Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko abiciwe i Nyanza ya Kicukiro, bikomeza kwerekana amateka ashaririye yo gutereranwa n’amahanga ndetse n’ingaruka zabyo ku buzima bw’Abatutsi.

Ni isomo rikomeye ku Isi yose, rishimangira ko kwirengagiza akarengane bishobora kuvamo ibyago bikomeye. Ku Banyarwanda, ni umwanya wo gukomeza kuzirikana ababo bazize Jenoside, no kongera imbaraga mu guharanira ko Jenoside itazongera ukundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe

Perezida wa IBUKA Dr Gakwenzire Philbert

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel

  • Related Posts

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    On Friday afternoon, in Kiramuruzi Sector, Gatsibo District, the 32nd commemoration was held for Tutsi victims killed during the 1994 Genocide against the Tutsi and thrown into Lake Muhazi. The…

    Read More
    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    At the Kabgayi Genocide Memorial in Muhanga, survivors, government officials and residents gathered to mark the 32nd commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, during which eight bodies of…

    Read More

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    You Missed

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    Connecting classroom lessons to real history: Students visit Rwanda’s historic Museums

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    GATSIBO: 32nd Commemoration held for Tutsi victims thrown into Lake Muhazi

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kayonza: Farmers and Livestock keepers receive equipment subsidies from KIIWP2 Project

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kamonyi: NYC and RYAF lead youth in learning genocide history and supporting survivors

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    Kabgayi commemorates Genocide victims as eight bodies are laid to rest during 32nd commemoration

    A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow

    A Nation Divided: Hungary’s battle to break free from Orbán’s shadow