Mu Rwanda, abajyanama b’ubuzima bakomeje kugira uruhare rukomeye mu guhangana na Malariya, aho imibare igaragaza ko umubare munini w’abayirwaye uvurirwa hafi yabo. Uruhare rwabo rugaragara cyane mu gufasha abaturage kubona ubuvuzi bwihuse, cyane cyane mu bice by’icyaro.
Ibi bishimangirwa n’abaturage bagaragaza ko serivisi bahabwa n’aba bajyanama zibafasha kwirinda kuremba. Mukamfizi Alphonsine wo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, avuga ko uburyo bwo kwegera aba bajyanama bwahinduye byinshi mu buzima bwabo.
Yagize ati: “Buri gihe uko ngaragaje ibimenyetso bya malariya mpita njya k’umujyanama w’ubuzima. Kera wararwaraga ukarembera murugo, wanajya kubitaro ukahasanga abantu benshi bikaba byatuma uremba, ariko ubu urafatwa gato ugahita ugera kumujyanama w’ubuzima akagufasha utiriwe ujya kuri poste de sante cyangwa kubitaro.”
Nubwo bimeze bityo, hari bamwe mu baturage bagaragaza gushidikanya ku bushobozi bw’aba bajyanama, bitewe n’uko batize amashuri makuru. Icyakora, abajyanama b’ubuzima bo bavuga ko bahabwa amahugurwa ahagije abafasha gutanga serivisi inoze.
Munderere Viateur, umwe mu bajyanama b’ubuzima i Nyamata, yemeza ko bafite ubumenyi buhagije ku bijyanye na Malariya.
Yagize ati: “Twe twarahuguwe ku kuvura malariya tuyivuye imuzi, twigishwa ibimenyetso byayo uko ifata, uko yandura n’ibiyitera kuburyo dufasha abaturage nta nkomyi.”
Akomeza asobanura ko iyo umurwayi aje abagana bamupima, bakamuvura ndetse bakanakurikirana uko yitwara nyuma yo gufata imiti, anasaba abaturage gukurikiza inama zitangwa zirimo kwirinda imibu n’isuku y’aho batuye.
Ati: “Iyo umuturage yumva afite ibimenyetso byayo aratugana tukamupima, twayimusangamo tukamuha umuti hanyuma tukanamukurikirana tukareba niba imiti ayinywa neza kandi ko yanorohewe.”
Serivisi zitangwa n’aba bajyanama zatumye hagabanuka umubare w’abarwarira mu ngo zabo. Umubyeyi Judith, na we ukora aka kazi muri aka gace, yemeza ko hari impinduka igaragara.
Yagize ati: “Hagabanyijwe imfu z’abantu baremberaga murugo bikaba byabakurizamo gupfa, nanone mu bukunga, umurage yararwaraga akarembera murugo ntabashe kujya gukora ngo ashakishe ibitunga umuryango, ariko ubu ibyo ntibikigaragara.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) na cyo cyatangaje ko gikomeje gushira imbaraga mu kongerera ubushobozi aba bajyanama b’ubuzima, harimo kubaha amahugurwa n’ibikoresho bigezweho bizabafasha kunoza akazi kabo.
HABANABAKIZE Epaphrodite, ushinzwe ibikorwa byo kurwanya Malariya muri RBC, yavuze ko mu gihe kiri imbere aba bajyanama bazifashisha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi.
Yagize ati: “Duha ubushobozi umujyanama w’ubuzima binyuze mu mahugurwa n’ibikoresho n’ubundi bufasha tubaha. Ariko nanone kuri ubu dushaka ko abajyanama b’ubuzima bajya bavura bakoresheje telefone, ubu bakaba bari guhugurwa kugira ngo umwaka utaha bose bazabe bakoresha ubu buryo bwo kuvura no gutanga raporo bakoresheje telefone.”

Raporo ya RBC yo muri 2025 igaragaza ko abarwayi ba Malariya barenga miliyoni 1.1 bagaragaye muri uwo mwaka, aho hafi 50% muri bo bavuwe n’abajyanama b’ubuzima. Intego igihugu cyihaye ni uko nibura 60% by’abarwayi bazajya bavurirwa hafi yabo, mu rwego rwo kugera ku ntego yo kugabanya Malariya ku kigero cya 70% bitarenze umwaka wa 2030.









